У нас вы можете посмотреть бесплатно CONGO ifite intwaro zikaze ariko nta basirikare ifite bo kubikoresha: Hon Senateri EVODE или скачать в максимальном доступном качестве, видео которое было загружено на ютуб. Для загрузки выберите вариант из формы ниже:
Если кнопки скачивания не
загрузились
НАЖМИТЕ ЗДЕСЬ или обновите страницу
Если возникают проблемы со скачиванием видео, пожалуйста напишите в поддержку по адресу внизу
страницы.
Спасибо за использование сервиса ClipSaver.ru
Mu kiganiro Senateri EVODE UWIZEYIMANA aheruka kugirana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA ku itariki 30/3/2025 yagarutse ku magambo aherutse gutangazwa n’abadiplomate ba DRC by’umwihariko Ambasaderi wa DRC muri UN, wavuze ko ibibazo byose Congo ifite uyu munsi ngo byatewe n’urupfu rw’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda Juvenal Habyarimana. Evode yabivuze atangara cyane anaseka rwose ati ibi byo byashyize ku butaka ati umuntu wandangije akanshyira ku butaka ni amabasaderi wa drc muri un wavuze ko ibibazo byose congo ifite byatewe n’urupfu rwa Habyarimana umuntu wavuze ko ngo uwishe habyarimana ari we wateje ibi byose biri kuba ngo hagomba gucumburwa hakamenyekana uwishe Habyarimana. Senateri evode yagereranyije imyitwarire y’abayobozi ba congo n’abantu batwawe n’uruzi ariko ntibamenye uko bitwara mu muhengeri bagashaka guhangana nawo kandi bidashoboka. Yashakaga kuvuga ko drc iri mu bibazo ahanini bishingiye ku mutekano w’uburasirazuba bw’iki gihugu ariko uburyo ibyitwaramo bitakemura ikibazo.Mbese ibisubizo babishakakira aho bitari bigatuma ahubwo bibakomerana kurushaho. Usibye iby’amagambo y’abanyapolitike ba drc senateri evode yanagarutse ku gisirikare cya congo fardc. Yanenze yihanukiriye uko drc yirirwa ku masoko y’intwaro bakazigura izo ubwoko bwose ariko birengagjie ko nta gisirikare bagira. ============ Ku wa 31werurwe-2025 ni bwo Senateri Evode Uwizeyimana yatangaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashyize imbaraga mu kugura intwaro ziremereye, ntiyite ku kubaka igisirikare gikomeye, bituma aho abarwanyi ba M23 bageze ingabo za FARDC ziyabangira ingata. Uwizeyimana yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na RBA, cyagarukaga ku bibazo by’umutekano muke muri RDC. Yavuze ko RDC ariyo muterankunga mukuru wa M23, binyuze mu ntwaro iha ingabo za FARDC kandi zitazi kuzikoresha bkarangira zifatiwe na m23. Ati “Bizeye intwaro bari bafite. Baguze intwaro pe kuko bagaragaza ingengo y’imari bakoresheje mu gisirikare, ariko (RDC) igura intwaro nta gisirikare igira. Buriya amasuka ntiyihingisha, ushobora kugira kontineri y’amasuka ariko nta bahinzi ufite abantu bazi guhinga bakazaza bakikorera ayo masuka bakayatwara ni na yo mpamvu tuvuga ko umuterankunga wa mbere wa M23 ni Leta ya Congo.”