У нас вы можете посмотреть бесплатно Yarokoye abana ba Agata UWIRINGIYIMANA: Cpt MBAYE Diagne ni muntu ki? или скачать в максимальном доступном качестве, видео которое было загружено на ютуб. Для загрузки выберите вариант из формы ниже:
Если кнопки скачивания не
загрузились
НАЖМИТЕ ЗДЕСЬ или обновите страницу
Если возникают проблемы со скачиванием видео, пожалуйста напишите в поддержку по адресу внизу
страницы.
Спасибо за использование сервиса ClipSaver.ru
CAPITAIN MBAYE DIAGNE NI MUNTU KI? Ni Umusirikare w’intwari birazwi mu Isi hose. Uyu mugabo niwe warokoye abana ba Minisitiri w’Intebe Madamu UWIRINGIYIMANA Agatha ibyo nabyo amateka arabizi.abatutsi bamwe bahungiye muri Hoteli Mille Collines bakaharokokera barabimukesha kuko yabarwanyeho bitavugwa.mu Rwanda yahawe igihembo cy’umurinzi kandi ari Umunyamahanga. Uyu yatabaye benshi mu buryo yarabibashije.yari yambaye Umwenda w’Ingabo z’umuryango wabibumbye MINUAR ariko ntiyabaye Ikigwari nkabagenzi be cyangwa se Umuryango w’abibumye wari wamutumye ntabwo yigeze yemera kwicara ngo arebera abatutsi batsembwa oya ahubwo yarahagurutse agira icyo akora.kugeza anabiburiyemo ubuzima.Uyu ndi kuvuga kubera inshuro zitabarika yagarutsweho ahari wasanga watangiye kumwibwira .birashoboka rwose kuko ni intwari y’igitangaza.uyu natangiye mvuga ni capitain MBAYE DIAGNE umusirikare w’umunyasenegale wari mu ngabo z’umuryango wabibumbye MINUAR zari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi.uyu rero ubuzima bwe bwihariye;Ibigwi yasize ku mucanga w’ibihe n’amateka ndetse nuko yitwaye mu buzima bwe byumwihariko mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 niyo ngingo tugiye kugarukaho mu kiganiro cyacu cyuyu munsi.iyi ni Intsinzi Tv.Uwaguteguriye iki kiganiro ni BIZIMANA Christian naho jye ugiye kukikugezaho ndi ERIC SAFARI.Mbahaye Ikaze Capitain Mbaye Diagne Yavutse tariki 18 mu kwezi kwa gatatu mu mwaka wa 1958.avukira mu gace ka Koki mu karere ka Louga mu gihugu cya Senegal.Diagne yakurikiye mu gace ka Pikine gaherereye mu burasirazuba bw’umujyi wa Dakar ukaba ari nawo murwa mukuru wa Senegale. Mu muryango wabana Icyenda yavukagamo niwe wa mbere wabashije kwiga mpaka ageze ku rwego rwa muri Kaminuza aho yize muri Kamiunuza ikomeye ariyo KAMINUZA YA DAKAR muri Senegale. ariko nkumuntu wakuranye inzozi zo kuzaba Umusirikare kuko wari umwuga wiyubashye mu bihe bye mu kwa mbere mu mwaka wa 1983 ubwo yarafite imyaka 25 yinjiye mu ishuri rya Gisirikare rya Ecole Nationale des officiers d’Active. Arirangizamo mu kwa karindwi mu 1984 ubwo yararimazemo igihe kingana n’umwaka n’igice aryigamo. Akirangiza Mbaye Diagne yahise yoherezwa kuyobora umutwe w’abasirikare muri batayo ya 12 mu ngabo za Senegale. Mu 1985 yazamuwe mu ntera agirwa umuyobozi mu gisirikkare ahita ahabwa Inshingano zo Kujya gukorera mu Ishuri rya Ecole Nationale Des SOUS Officiers Active. Ndetse ni naho yaje guherwa Ipeti rya Capitain. Capitain Mbaye Diagne mu mwaka wa 1989 yahise ahabwa kuyobora company y’abasiriakre muri Batayo YA 6 yari ihurijwemo ingabo za Senegale na Gambia. ari muri iyo batayo n’itsinda ry’abasirikare yayoboraga noneho Capitain Mbaye nibwo yahise ajya mu ntambara yo muri Casamace. Inshingano zo kurwana mu ntambara ya Casamance nizo capitain Mbaye Diagne yabayemo kugeza mu mwaka wa 1993 ubwo yatoranyaga Kuza mu Rwanda Mu ngabo z’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika OUA ndetse Nyuma izi ngabo zaje kwinjizwa mu ngabo z’umuryango wabibumbye zaje mu Rwanda kubungabunga amahoro ziswe MINUAR.. MINUAR ni ingabo z’umuryango wabibumbye zateganywaga n’amasezerano Y’amahoro ya Arusha ko zizaza mu Rwanda mu kureberera Ishyirwa mubikorwa ry’amasezerano Y’amahoro ya Arusha kuko izi ngabo zari zarasawe n’impande zombi zahuriye mu mihsyikirano y’amahoro ya Arusha ni mwibarurwa yasinweho na RPF Inkotanyi ndetse na Leta Y’U Rwanda tariki 14/6/1993 zisaba ko izo ngabo zakoherezwa mu Rwanda .Izi ngabo zari ziyobowe n’umunya kanada Liyetona jenerali Romeo Dallaire. Zaje mu RWANDA mu Mwaka wa 1993 zingana na 2548. Ariko nkuko nabikubwiye Capitain Mbaye we yaje mbere cyane y’ingabo z’umuryango wabibumbye kuko we aza mnu RWANDA yaje nkumusirikare w’indorereza w’umuryango w’ubumwe bwa Afurika OUA.izi ngabo zari mu Rwanda nk’Indorerezi zo Kureba ko amasezerano yihagarikwa ry’imirwano hagati ya RPA INKOTANYI ndetse n’Ingabo za leta FAR mu gihe hatangizwaga imishyikirano y’amahoro ya Arusha ko yubahirizwa. Izo ngabo nizo zari zinarinze agace katarangwamo imirwano (Demilitarizes Zone) kari hagati y’ibice byari byarigaruriwe na RPF Inkotanyi ndetse n’ibice byari bikiri mumaboko y’Ingabo za Leta. Izi ngabo zari indorerezi zicunga ko ayo masezerano ashyirwa mu bikorwa. Gusa mu kuva mu kwezi kwa cumi kugeza mu kwa cumi na biri mu 1993 ubwo Ingabo za MINUAR zageraga mu Rwanda Ubuyobozi bw’izingabo za OUA zari mu Rwanda nabwo bwashyizwe muri MINUAR maze izi ngabo zose ziyoborwa na Jenerali Dallaire. nuko rero Capitain Mbaye waje ari ingabo z’umuryango W’ubumwe bw’Afurika yisanzwe ari mu ngabo z’umuryango wabibumbye. Mu mwaka w’1994 umuryango wabibumbye Washyize Captain Diagne mu ndorerezi z’abasirikare ba MINUAR zari zishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Arusha yo ku wa 4 Kanama 1993 yo gusaranganya imyanya y’ubutegetsi ku mashyaka menshi ndetse n’ibindi byari byarumvikanyweho muri ayo masezerano y’amahoro maze acumbikirwa muri Mille Collines. #IntsinziTV #MbayeDiagne