У нас вы можете посмотреть бесплатно Perezida HABYARIMANA yari abizi ko azicwa или скачать в максимальном доступном качестве, видео которое было загружено на ютуб. Для загрузки выберите вариант из формы ниже:
Если кнопки скачивания не
загрузились
НАЖМИТЕ ЗДЕСЬ или обновите страницу
Если возникают проблемы со скачиванием видео, пожалуйста напишите в поддержку по адресу внизу
страницы.
Спасибо за использование сервиса ClipSaver.ru
HABYARIMANA YARABIZI KO AZAPFA Urupfu rwa Yuvenal HABYARIMANA nabo bari barikumwe tariki 6 mu kwa kane mu 1994 rukaba urwitwazo kubashakaga gutsemba abatutsi ni imwe mu ngingo ikivugwaho na benshi kugeza aka kanya.ndetse muri za Raporo nyinshi abatangabuhamya bagiye bagaragaza icyo bazi ndetse Raporo nyinshi ntizibura kugaragaza ko uyu HABYARIMANA yishwe na bamwe mu basirikare bakuru bari muri FAR ibyo bikaba binavuzeko haribyo Perezida HABYARIMANA yaba cyangwa ashobora kuba yarazi ku migambi yabo basirikare bashakaga kumwica ariko ngo akaba ntabushobozi na buke yigeze agira bwo guhagarika urupfu rwe.natwe tugendeye kuriyi ngingo twegeranije Ingingo zihari zagarutse kubushakashatsi bw’urupfu rwa Perezida HABYARIMANA ngo turebe koko ko Perezida HABYARIMANA hari amakuru yaba yarafite yuko ashobora kwicwa ndetse ibyavuye mu buhamya bwinshi bwabari ba muri iruhande byahamijeko koko hari amakuru yarafite kuriyo ngingo. Ibyo rero nibyo tugiye kugarukaho mu kiganiro. Iyi ni Intsinzi TV.Iki Kiganiro Ugiye Kumva cyateguwe na Christian BIZIMANA Naho jye ugiye kukikugezaho ndi ERIC SAFARI.Mbahaye ikaze Byinshi Ngiye Kugarukaho muri Iki Kiganiro Nabivanye muri raporo Yashyizwe hanze Na Komisiyo MUTSINZI yakoze iperereza ku Iraswa Ry’Indege ya Perezida HABYARIMANA nizindi Nyandiko Zanditswe ku minsi ya Nyuma Yuyu Mugabo. Ndetse ndanifashisha ubuhamya bugaragara muri raporo ya Komisiyo MUCYO Yakoze Iperereza Ku ruhare rwa leta y’ubufaransa Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Gusa Mbere yuko tugaruka ku ngingo nyirizina ubundi ushobota Kwibaza uti Perezida HABYARIMANA we yarimuntu ki we yari yarageze kubutegtsi ate? Ese yitwaye ate mu myaka isaga 20 y’ubutegetsi bwe? Mu gusubiza ibi bibazo reka dutangirire kuwo HABYARIMANA Yuvenal yariwe. Ubundi Yuvenal HABYARIMANA Yavutse ku wa mbere tariki 8 mu kwezi kwa Gatatu mu 1937 avukira I Rambura muri Komini Karago muri Perefegitura ya Gisenyi. Kuri Se NTIBAZIRIKANA Jean Baptiste na Nyina NYIRAZUBA Suzana yavutse mu muryango wabana Umunani .barimo bashiki be bane aribo Cyrina AHOBAMBONEYE; Concessa NTUROZIGARA wari umubikira mu Benebikira warufite izina ry’Ububikira rya Soeur Telesphore;Josephine BARUSHYWANUBUSA nawe wari Umubikira warufite izina ry’ububikira rya Soeur Godelive-Marie mu babikira ba Benebekira na Euphrasie BANDIHO ndetse yarafite abavandimwe batatu aribo Melane NZABAKIKANTE; Docteur Seraphin BARARENGANA wari muganga mu bitaro bya Kaminuza I Butare CHUB. Ndetse na Telesphore UWAYEZU wari umucuruzi akaba nabucura mu muryango wa NTIBAZIRIKANA. Bose hamwe bari abana Umunani Habyarimana Yuvenal yavukiye mu muryango wabakristu b’Idini Gatulika ;Habyarimana yize amashuri ye abanza I Rambura aho umwaka wanyuma yawigiye ku Nyundo.HABYARIMANA Yuvenal yakomereje amashuri ye yisumbuye mu iseminari ntoya y’I Kabgayi aha yahize igihe kirekire ariko aho gukomeza mu bijyanye no kuba Padiri yavuye mu Iseminari ajya kwiga mu ishuri ryisumbuye rya Saint Paul I Bukavu aharangije yakomereje muri Kaminuza ya Louvinium yari mu mujyi wa Leopordville ubu ni mumujyi witwa Kinshasa muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo. muriyi Kaminuza Habyarimana yari agiye kuhiga ibijyanye nibyubuvuzi ariko naho yahavuye ataharangije kubera imvururu zibijyanye nubwigenge bwa kongo .akihava ubwo hari mu 1960 yagarutse mu Rwanda aho yahise yinjira mu ishuri rya Gisirikare I Kigali aha naho yaharangije mu mwaka Umwe gusa wakurikiyeho mu 1961 ahava ari mu basirikare bari bigaragaje neza afite amanota ari hejuru ahita ahabwa ipeti rya Sous Lieutenant. mu gihugu cyari gifite abasirikare hafi ya nabo kuko ubwo u Rwanda ntanigisirikare rwagirara Juvenal HABYARIMANA yazamutse mu mapeti yihuta kugeza ageze ku ipeti rya Jenerali Majoro ndetse ari n’umugaba mukuru w’ingabo na Minisitiri w’ingabo icyarimwe mu butegetsi bwa Repubulika ya mbere yari iyobowe na Perezida Gregoire KAYIBANDA. Hagati aho HABYARIMANA Yuvenal yashakanye na Agatha KANZIGA tariki 17 mu kwa munani mu 1963 mu myaka isaga 31 babyaranye abana umunani harimo abahungu batanu n’abakobwa batatu .aba bana nabo twabagarutseho byihariye Mu mwuga wa Gisirikare Yuvenal HABYARIMANA yabaye umugaba mukuru w’ingabo w;ingabo kuva mu 1963 noneho kuva mu 1965 kugeza mu 1973 yari Minisitiri w’ingabo ni no muri uwo mwaka wa 1973 mu kwezi kwa kane yazamuwe akagezwa ku ipeti rya Jenerali majoro maze nyuma yamezi atatu gusa mu Ijoro rya tariki ya 4 Ishyira tariki ya 5 mu kwa karindwi mu 1973 ahirika kubutegetsi Kayibanda Gregoire abikora kubufasha bwabasirikare bari biganjemo abakomokaga mu gice cya majyaruguru y’igihugu. ...